Ali Hassan Mwinyi wabaye Perezida wa Kabiri wa Tanzania, yapfuye kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Gashyantare afite imyaka 99 y’amavuko.
Mwinyi yayoboye Tanzania imyaka 10, hagati ya 1985 na 1995. Mbere yaho yari yarabanje kuba Visi-Perezida wa Tanzania ndetse na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan ni we wemeje inkuru y’urupfu rwe, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Yavuze ko yaguye mu bitaro bya Emilio Mzena Memorial Hospital by’i Dar es Salaam, aho yavurirwaga kanseri y’ibihaha.
Yunzemo ati: “Mu izina rya Guverinoma ya Repububulika yunze ubumwe ya Tanzania, nihanganishije umuryango, abavandimwe, incuti ndetse n’abanya-Tanzania bose ku bw’aya makuba akomeye yagwiririye igihugu cyacu”.
Perezida Samia Suluhu yahise ashyiraho icyunamo cy’iminsi irindwi. Muri icyo gihe amabendera y’igihugu agomba kururutswa akagezwa mu cya kabiri uhereye ku wa 1 Werurwe.
Biteganyijwe ko Mwinyi azashyingurwa ku wa Gatandatu tariki ya 2 Werurwe, ahitwa Unguja mu birwa bya Zanzibar.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…