IMIKINO

Samuel Eto’o yasubije uruhande ahagazeho mu byo kwiyamamariza kuyobora Cameroon

Aganira na radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, Samuel Eto’o, Perezida wa federasiyo y’umupira w’amaguru muri Cameroon, yahakanye ko adateganya kwiyamamariza kuba perezida wa Repubulika.

Advertisements

Ubwo umunyamakuru yamwibutsaga ko mu mwaka wa 2018, yashyigikiye perezida wa Cameroon, Paul Biya mu buryo bweruye, bikaba ari byo byateye bamwe gutangira gukeka ko nawe ateganya kwiyamamaza, Eto’o yabihakanye yivuye inyuma.

Ati “nanjye birantungura. Numva abantu babivuga ariko njye amateka yanjye ni umupira w’amaguru, nibyo nakoze. Aka kanya ndi mu mupira w’amaguru kandi numva hari ibyo ngifite byo gukora. Ibyo sinigeze mbitekerezaho nubwo hari ababintwerera.”

Ababivuga ariko bakanagendera ku kuba Eto’o uyu yaragiye no mu irahira rya mugenzi we Georges Weah, wabaye ’rurangiranwa’ mu mupira w’amaguru (akaba ari nawe munyafrika wenyine watwaye ballon d’Or), wayoboye igihugu cya Liberia. Eto’o yasubije ko kuba yaragiyeyo ari icyubahiro amugomba nka mukuru we mu mupira w’amaguru ntaho bikuriye no gutangira gushaka ubunararibonye mu byo kuba umuyobozi w’igihugu.

Paul Biya ayobora Cameroun kuva mu mwaka wa 1982. Ubu amaze kubutegetsi imyaka 42. Afite imyaka 44. Ababonye uko Georges Weah yabaye perezida, banavuga ko Eto’o ukunzwe n’abanyakameruni benshi kubera ibigwi bye muri Football, ubu akaba ari perezida wa federasiyo y’umupira w’amaguru banavuga ko byashoboka ko yakwiyamamaza akabishobora nubwo we avuga ko intumbero ye iri mu kugira impinduka azana muri football ya Cameroun.

Eto’o yakiniye amakipe akomeye nka FC barcelone, Inter Milan, Chelsea, Everton, UC Sampdoria, FK Anji Makhatchkala, Antalyaspor…

Uretse umupira w’amaguru nta bindi Eto’o yigeze agaragaramo.

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago