Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) cyatangaje ko abandi basirikare babiri bacyo bapfiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kurasana ubwabo.
SANDF mu itangazo yasohoye yasobanuye ko “byabaye ubwo umwe muri bo yarasaga mugenzi we akamwica akoresheje imbunda y’akazi, mbere yo guhindukiza imbunda na we agahita yirasa mu cyico”.
Igisirikare cya Afurika y’Epfo nticyigeze gisobanura icyatumye abasirikare bacyo bari muri RDC basubiranamo kugeza barasanye.
SANDF mu itangazo ryayo cyakora yavuze ko nyuma y’uko bariya basirikare bicanye yahise itangiza iperereza.
Yasobanuye kandi ko abasirikare bayo bapfiriye muri RDC ari abari bagize ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kuhagarura amahoro (MONUSCO).
Afurika y’Epfo isanzwe inafite muri Kivu y’Amajyaruguru abasirikare babarirwa mu 2,900 yoherejeyo mu butumwa bwa SADC bwo kurwanya umutwe wa M23 (SAMDRC).
Igisirikare cy’iki gihugu mu kwezi gushize cyatangaje ko babiri muri abo basirikare bishwe, nyuma y’uko ibirindiro barimo birashwemo igisasu n’abo bikekwa ko ari abarwanyi ba M23.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…