RWANDA

Yolo The Queen yagaragaje ko akuriwe-AMAFOTO

Yolo The Queen uvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga kubera ikimero cye yashyize hanze amafoto amugaragaza ko atwite.

Kirenga Phiona wiyise Yolo The Queen yagaragaje ko yishimiye ko atwite ndetse ko adatewe n’ipfunwe ko uwo mwana yitegura kwibaruka atazaba ari wenyine.

Yolo The Queen aritegura kwibaruka

Uyu mukobwa utarangarirwa na benshi kubera imiterere ye ariko ntihabure n’abavuga atabaho kubera ukuntu adakunda kwigaragaza mu ruhame nk’abandi bakobwa basanzwe bazwiho gutigisa imbuga nkoranyambaga yashyize ifoto ku rubuga rwe rwa Instagram akuriwe arenzaho amagambo agira ati “Amaboko yanjye yuzuye imigisha sinshobora kwihanganira inzika”

Uretse ayo magambo yanditseho yagiye no kuri story ya Instagram arenzaho andi magambo ati “Amano maremare y’umukobwa wawe utigeze ubona na rimwe…uyu mwana ntabwo ashobora kuba ari uwanjye njyine.”

Yolo The Queen agaragaje ko agiye kwibaruka nyuma y’uko umwaka ushize mu kwezi kwa Nyakanga yigeze kuvuga ko atwite, icyo gihe yasubizaga uwari umubajije impamvu atagikunda gushyiraho amafoto cyane ku rubuga rwe.

Muri icyo gihe yarashudikanye n’umuhanzi ukomoka muri Tanzania Harmonize.

N’ubwo avugisha benshi mu byamamare barimo na bakomeye ku Isi, nta muntu uzwi mu byukuri uwaba akundana n’uyu mukobwa cyangwa uwaba waramuteye iyo nda.

Kubera ikimero cye yagiye avugisha abatari bake

Imiterere ye kandi yavugishije abagabo benshi barimo n’umuhanzi Drake wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika wigeze kugaragaza amaragamutima kuri we, aho byagiye binagaragara ko hari ubutumwa bagiye bandikirana bombi.

Yolo The Queen uretse kuba ari umunyamideli azwiho kuba n’umucuruzi mu bijyanye n’ivunjafaranga rikorerwa murandasi (Forex Trading).

Yolo The Qeen yavugishije n’abarimo umuraperi w’umunyamerika Drake
Yolo The Queen ntakunze kwigaragaza nk’abandi bakobwa bakorera agatubutse

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

6 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

7 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

7 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

7 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

7 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago