MU MAHANGA

Kohereza abimukira ba Bongereza mu Rwanda byongeye kuzamo kidobya

Kuri uyu wa Mbere tariki 4 Werurwe 2024, abagize icyiciro gikuru mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza wagereranya na Sena, batoye amavugurura abangamira gahunda ya Guverinoma yo kohereza abimukira mu Rwanda.

Advertisements

Ikinyamakuru The Guardian cyatangaje ko aya mavugurura yatowe n’abarenga 100 biganjemo abo mu ishyaka ry’Abakozi ritavuga rumwe na Guverinoma.

Mu Ukuboza 2023, guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda zashyize umukono kuri iyi gahunda yari yavuguruwe, nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rwari rwafashe umwanzuro w’uko kohereza abimukira mu Rwanda bibangamira uburenganzira bwabo, rusobanura ko bashobora kuhagera, bakahava bajyanwa ahandi.

Ibyo kohereza abimukira ba Bongereza mu Rwanda bikomeje kugorana

Uyu mushinga uvuguruye wateganyaga ko nta rukiko ruzongera gukumira ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano, ahubwo ko abagize Inteko Ishinga Amategeko ari bo bazawugiraho ijambo rya nyuma.

Abagize Inteko mu byo bagaragaje, basabye ko iyo gahunda yakubahiriza amategeko, berekana ko Inteko Ishinga Amategeko atari yo ikwiriye kwemeza ko u Rwanda rutekanye ko ahubwo bikwiriye guca mu nkiko aricyo Guverinoma yangaga.

Bavuze ko kandi nubwo mu masezerano avuguruye havuzwemo ingamba zigamije gutuma abimukira uburenganzira bwabo bwubahiriza, ngo ntabwo izo ngamba zuzuye kandi ngo zigomba kubanza gufatwa mbere.

Abagize Inteko bazakomeza kujya impaka kuri iyi gahunda kugeza kuri uyu wa 6 Werurwe 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago