Umuraperi w’umunyamerika, Rick Ross n’umukunzi we Cristina Mackey bahisemo guhagarika ibyerekeye umubano wabo nyuma y’amezi atandatu gusa.
Ibyerekeye imibanire y’aba bombi byo gutandukana byari bimaze igihe bivugwa Murandasi, nyuma y’uko Rick Ross aherutse kugaragara wenyine atarikumwe na Mackey iruhande rwe.
Vubaha byaje gushimangirwa, nyuma y’uko Rick Ross aherutse kujya kureba umukino wa basketball aho Miami Heat yakinaga arikumwe n’undi mugore, aho byaje gucumbya umwotsi kubyavugwaga.
Mackey ubwe yaje kwemeza itandukana rye n’uyu muraperi w’imyaka 48.
Yagiye ku rubuga rwa Threads, aho yanditse agira ati “Sinigeze ngira ubunararibonye bwo gutandukana, ntabwo ndi inyangamugayo, ntabwo nkeneye imikino, sinkeneye gukinishwa umubiri wanjye, ibikorwa byanjye birakomeje kandi ndanyuzwe.”
“Ibintu byari byiza, kandi nizera ko aho byari bigeze mugihe kingana n’amezi atandatu byari bishimishije. Niba abandi bababajwe n’ibyishimo byanjye / ishema muri iki gihe, iyo ni yo mihangayiko yabo yo kwihanganira. Twagize itandukana riciye mu mucyo hashize ibyumweru bibiri, kandi sinigeze n’iyumva nk’uwa nyuma. Nakiriye kwakira ibyiza n’ibibi hamwe n’urukundo. Kandi rwose, ntabwo nzigera ngaragara kuri podcast y’umuntu. ”
Rick Ross na Cristina Mackey bagaragaye bwa mbere mu Kuboza nyuma y’uko bombi babigaragaje ko bari mu rukundo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…