Ku munsi mpuzamahanga wahariwe abagore, Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho aba Ambasaderi 10 b’abagore n’abadepite batandatu.
Yavuze ko aba bagore bahawe akazi biri mu mbaraga Guverinoma ya Kenya iri gushyira mu gushima uruhare rw’abagore mu kubaka igihugu.
Ubwo yari kuri Stade Moi i Embu, mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore, Perezida Ruto yavuze ko guverinoma izakomeza gutera inkunga abagore mu nzego zose z’igihugu.
Ruto ati: “Uyu munsi, nashyizeho abagore icumi nkaba ambasaderi abandi batandatu nk’ababadepite mu rwego rwo gushimira uruhare rwabo mu gihugu.”
Amazina y’abahawe akazi n’ibihugu bazakoreramo ntibirashyirwa ahagaragara.
Umukuru w’igihugu yavuze ko ubuyobozi bwe bukora ibishoboka byose kugira ngo ibibazo by’umugore bihabwe uburemere bikwiye.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…