Ku munsi mpuzamahanga wahariwe abagore, Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho aba Ambasaderi 10 b’abagore n’abadepite batandatu.
Yavuze ko aba bagore bahawe akazi biri mu mbaraga Guverinoma ya Kenya iri gushyira mu gushima uruhare rw’abagore mu kubaka igihugu.
Ubwo yari kuri Stade Moi i Embu, mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore, Perezida Ruto yavuze ko guverinoma izakomeza gutera inkunga abagore mu nzego zose z’igihugu.
Ruto ati: “Uyu munsi, nashyizeho abagore icumi nkaba ambasaderi abandi batandatu nk’ababadepite mu rwego rwo gushimira uruhare rwabo mu gihugu.”
Amazina y’abahawe akazi n’ibihugu bazakoreramo ntibirashyirwa ahagaragara.
Umukuru w’igihugu yavuze ko ubuyobozi bwe bukora ibishoboka byose kugira ngo ibibazo by’umugore bihabwe uburemere bikwiye.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…