MU MAHANGA

M23 nyuma yo gufata utundi duce yageze na Walikale bwa mbere

Kuri uyu wa Gatanu, Umutwe wa M23 wigaruriye uduce twa Kashuga na Misinga duherereye ku bilometero bibarirwa mu icumi uvuye i Mweso nyuma yo gutsinda FARDC.

Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa 08 Werurwe 2024, urugamba rwahinanye ahakikije Mweso muri gurupema ya Bashali-Mokoto birangira M23 yigaruriye turiya duce twombi.

Iyi ntambara yabaye nyuma y’uko ku wa kane hari haraye agahenge.

Abasesenguzi bavuga ko kuva umutwe wa M23 washingwa aribwo bwa mbere ukandagije ibirenge mu bice bya Teritware ya Walikare dore ko agace ka Gashuga ari naho kabarizwa.

Amakuru aturuka mu bayobozi gakondo ba hariya avuga ko inyeshyamba za M23 zabashije gufata uduce twa Kashuga na Misinga muri km 10 uva Mweso ugana mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba.

Izi nyeshyamba ziri kwerekeza ahitwa Kalembe ku rugabaniro rwa Masisi na Walikare.

Izi nyeshyamba zigaruriye kandi uduce twa Nyanzale, Kikuku, Kibirizi, Somi Kivu n’uturere tuyikikije ku butaka bwa Rutshuru.

Amakuru avuga ko uku gutsinda ku izi nyeshyamba mu majyaruguru kurashyira igitutu ku bice bya Rwindi ndetse na Vitshumbi ku kiyaga cya Edward.

Umukozi wo mu Nteko ishinga amategeko ushinzwe urubyiruko muri Rutshuru, yahamagariye guverinoma gufatana uburemere iki kibazo.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano yibanda mu gace ka Busendo, muri parike y’igihugu ya Virunga, kuri nationale numéro 2 mu majyaruguru ya Kiwanja, muri teritwari ya Rutshuru.

Kuri uyu wa gatanu nanone, FARDC yahanganye na M23 mu itsinda rya Bashali-Mokoto, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umujyi wa Mwesso, mu karere ka Masisi.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

6 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

7 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago