Mu gitondo cyo kuwa gatatu taliki ya 13 werurwe 2024, nibwo abatuye mu Mujyi wa Maputo muri Mozambique basanze imodoka y’umushoramari Innocent Rutayisire mu mugezi wa ruhurura.
Abahise batabara kuri iyo modoka basanze Innocent Rutayisire wari umwe mu bakire bakomeye muri uwo mujyi, yamaze gushiramo umwuka.
Zimwe mu nyandiko zo mu bitangazamakuru byandikirwa mu mujyi wa Maputo muri Mozambique, zivuga ko uyu Munyarwanda yari afite akayabo k’amafranga agera kuri Miliyoni nyinshi z’amadorari mu mabanki y’icyo kigo yakuraga mu bucuruzi bwa lisansi,amaduka y’ibiribwa n’utubari.
Nyakwigendera Rutayisire bivugwa ko yahoze mu ngabo z’u Rwanda EX FAR aho yahunze afite ipeti rya Caporal.
Ikindi Rutayisire ni mukuru wa Karemangingo Revocat nawe wari umukire wiciwe i Maputo arashwe mu mwaka wa 2021 ariko kugeza ubu iperereza rya Police rikaba ritarerekana abamwishe.
Umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Maputo yabwiye itangazamakuru ko mu iperereza ryakozwe basanze Nyakwigendera Rutayisire yishwe n’impanuka kandi ko nta bibazo bya politiki yari afitanye n’abantu,aya makuru kandi yemejwe n’umwe mu bavandimwe be ba hafi.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…