INKURU ZIDASANZWE

Sake: Imirwano yongeye kubura hagati ya M23 na FARDC

Imirwano hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba za M23 yongeye kubura mu mujyi wa Sake, nyuma y’iminsi mike hari agahenge.

Advertisements

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko imirwano muri uyu mujyi uherereye muri Teritwari ya Masisi yatangiye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu.

Ati: “Ingabbo z’ihuriro ry’ubutgetsi bwa Kinshasa zirimo FARDC, FDLR, abacanshuro, imitwe y’inyeshyamba, ingabo z’u Buurundi ndetse n’iza SADC kuva mu gitondo zateye abaturage b’i Sake no mu duce tuhakikije, zirimo zica ndetse zikanavana abasivile b’inzirakarengane mu byabo”.

Kanyuka yunzemo ko M23 kuri ubu irajwe ishinga no kuvana mu nzira ziriya ngabo.

Sake yari imaze iminsi ifite agahenge nyuma y’uko mu minsi mike ishize imirwano yasaga n’iyimukiye mu bice bya Teritwari ya Rutshuru.

Mu minsi yashize ibice bikikije uriya mujyi byabereyemo imirwano ikomeye yanamaze igihe kirekire. FARDC n’abo bafatanya ku rugamba bashakaga kwirukana M23 mu misozi ikikije uriya mujyi, gusa ibitero byabo byose byagiye bisubizwa inyuma n’inyeshyamba.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago