Imirwano hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba za M23 yongeye kubura mu mujyi wa Sake, nyuma y’iminsi mike hari agahenge.
Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko imirwano muri uyu mujyi uherereye muri Teritwari ya Masisi yatangiye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu.
Ati: “Ingabbo z’ihuriro ry’ubutgetsi bwa Kinshasa zirimo FARDC, FDLR, abacanshuro, imitwe y’inyeshyamba, ingabo z’u Buurundi ndetse n’iza SADC kuva mu gitondo zateye abaturage b’i Sake no mu duce tuhakikije, zirimo zica ndetse zikanavana abasivile b’inzirakarengane mu byabo”.
Kanyuka yunzemo ko M23 kuri ubu irajwe ishinga no kuvana mu nzira ziriya ngabo.
Sake yari imaze iminsi ifite agahenge nyuma y’uko mu minsi mike ishize imirwano yasaga n’iyimukiye mu bice bya Teritwari ya Rutshuru.
Mu minsi yashize ibice bikikije uriya mujyi byabereyemo imirwano ikomeye yanamaze igihe kirekire. FARDC n’abo bafatanya ku rugamba bashakaga kwirukana M23 mu misozi ikikije uriya mujyi, gusa ibitero byabo byose byagiye bisubizwa inyuma n’inyeshyamba.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…