IMYIDAGADURO

Mirafa yasezeye gukina ruhago ku myaka 28 atangaza impamvu itangaje

Umukinnyi wo hagati mu kibuga Nizeyimana Mirafa wanyuze mu makipe menshi yo mu Rwanda no hanze yasezeye gukina umupira w’amaguru ku myaka 28 kubera gutenguhwa n’abantu yasabaga ubufasha mu mupira w’amaguru bakamusaba ruswa.

Advertisements

Mirafa wavukiye i Rubavu akanahakinira mu ntangiriro ze nk’umukinnyi, yabwiye B&B FM UMWEZI dukesha iyi nkuru ko igitumye asezera ari uko hari abo asaba ubufasha bakagira ibyo bamusaba birimo no gusangira ku mafaranga make yinjiza mu mupira.

Ati “Nibyo koko [nasezeye]. Ni ibijyanye na support [ubufasha. Hamwe ukenera ko umuntu agufasha aho kugira ngo agufashe akakwereka ko hari ibyo umugomba ngo agufashe. Ngo umuhe icyo gito ubona mu mupira mukigabane, ni ibintu byambabaje.

Mirafa yemeje ko yasezeye gukina umupira w’amaguru

Nkareba ibijyanye n’amarozi biba mu mupira bigatuma mfata umwanzuro nti reka mbihagarike kuko kubaho neza ntabwo ari ugukina umupira gusa. Ndi umunyeshuri ndacyiga amashanyarazi kandi ndabizi ko hari icyo bizamfasha.

Sinifuzaga kubihagarika ariko ku rwego nari ngezeho nari nkeneye ubufasha,nari nkeneye abantu batari indyarya,ukeneye abantu badakeneye kurya kuri duke uri kubona…”

Mirafa aheruka gushyingiranwa n’umukobwa ukomoka muri Portugal w’umuganga bahuriye muri Zambia aho yari yaragiye gukina.

Mirafa NIZEYIMANA yakiniye amakipe atandukanye nka Marines FC, Etincelles FC, Police FC, APR FC, Rayon Sports na Zanaco yo muri Zambia.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago