IMYIDAGADURO

Niyo Bosco yahishuye kubyo kuririmba indirimbo z’Imana nyuma yo gukizwa

Umuhanzi Niyokwizerwa Bosco wamenyekanye nka “Niyo Bosco” yahishuye ko agiye kujya aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nyuma yo kwakira agakiza.

Advertisements

Niyo Bosco usanzwe umenyerewe mu ndirimbo z’Isi yabitangaje kuri Radio Rwanda mu kiganiro Samedi Détente cyabaye kuri uyu wa gatandatu, aho avuga ko yakiriye agakiza ndetse agiye kujya aririmba indirimbo zo guhimbaza Imana mu gihe abantu bari bamuzi mu ndirimbo zisanzwe z’Isi.

Niyo Bosco ni umwe mu bahanzi bafite ubuhanga mu myandikire y’indirimbo y’abahanzi benshi batandukanye aharimo nizo kuramya yagiye yandikira harimo n’abitwa Vestine na Dorcas igihe bose bari hamwe bagikorana na Murindahabi Irene.

Umuhanzi Niyo Bosco agiye kureka indirimbo z’Isi ayoboke iz’Imana

Niyo Bosco yinjiye mu bandi bahanzi bafashe icyemezo cyo kuririmba indirimbo z’Imana nyuma yo kwakira agakiza hamwe n’umuhanzi Ngabo Médard uzwi nga Meddy nawe yafashe icyo cyemezo undi muhanzi wavuze ko yakiriye agakiza ni Bulldog ariko we Yavuze ko azatareka kuririrmba ibyo yaririmbaga.

Niyo Bosco ni umuhanzi w’umuhanga mu myandikire y’indirimbo akaba azwiho ubuhanga bw’umurya w’inanga (Guitar), kuva yatangira urugendo rwa muzika 2020, yamenyekanye mu ndirimbo nyinshi amaze gushyira hanze twavugamo, ‘Urugi’, ‘Ishyano’, ‘Ubigenza Ute’ indirimbo yamugize uwari we, ‘Ibanga’, ‘Ubumuntu’ n’izindi nyinshi cyane.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago