IMYIDAGADURO

Niyo Bosco yahishuye kubyo kuririmba indirimbo z’Imana nyuma yo gukizwa

Umuhanzi Niyokwizerwa Bosco wamenyekanye nka “Niyo Bosco” yahishuye ko agiye kujya aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nyuma yo kwakira agakiza.

Advertisements

Niyo Bosco usanzwe umenyerewe mu ndirimbo z’Isi yabitangaje kuri Radio Rwanda mu kiganiro Samedi Détente cyabaye kuri uyu wa gatandatu, aho avuga ko yakiriye agakiza ndetse agiye kujya aririmba indirimbo zo guhimbaza Imana mu gihe abantu bari bamuzi mu ndirimbo zisanzwe z’Isi.

Niyo Bosco ni umwe mu bahanzi bafite ubuhanga mu myandikire y’indirimbo y’abahanzi benshi batandukanye aharimo nizo kuramya yagiye yandikira harimo n’abitwa Vestine na Dorcas igihe bose bari hamwe bagikorana na Murindahabi Irene.

Umuhanzi Niyo Bosco agiye kureka indirimbo z’Isi ayoboke iz’Imana

Niyo Bosco yinjiye mu bandi bahanzi bafashe icyemezo cyo kuririmba indirimbo z’Imana nyuma yo kwakira agakiza hamwe n’umuhanzi Ngabo Médard uzwi nga Meddy nawe yafashe icyo cyemezo undi muhanzi wavuze ko yakiriye agakiza ni Bulldog ariko we Yavuze ko azatareka kuririrmba ibyo yaririmbaga.

Niyo Bosco ni umuhanzi w’umuhanga mu myandikire y’indirimbo akaba azwiho ubuhanga bw’umurya w’inanga (Guitar), kuva yatangira urugendo rwa muzika 2020, yamenyekanye mu ndirimbo nyinshi amaze gushyira hanze twavugamo, ‘Urugi’, ‘Ishyano’, ‘Ubigenza Ute’ indirimbo yamugize uwari we, ‘Ibanga’, ‘Ubumuntu’ n’izindi nyinshi cyane.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago