INKURU ZIDASANZWE

Kamonyi: Yagiye kwivuriza ku mupfumu birangira ahaguye

Umugabo witwa Singirankabo Xavier w’Imyaka 56 y’amavuko wo mu Karere ka Kamonyi biravugwa ko yapfiriye ku muvuzi Gakondo (umupfumu) aho yari yagiye kwivuza.

Bamwe mu batuye mu Mudugudu wa Gitega, Akagari ka Kivumu, mu Murenge wa Musambira ho mu Karere Aka Kamonyi bavuga ko uyu mugabo yavuye iwe aje kwivuza ku mukecuru w’Umupfumu ahageze ahita yitabimana.

Abo baturage bavuga ko mbere yuko uyu Nyakwigendera yitaba Imana yabanje kujya mu kabari afata Fanta nyuma nibwo yagarutse babahamagara ko arangije gupfa.

Umwe mu baduhaye amakuru utashatse ko Ibigwi dutangaza amazina ye, yagize ati “Yapfuye ataramara isaha ageze kuri uwo mukecuru, abo mu muryango we bahise batabara baza kureba uko bimeze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kivumu, Mukantaganda Rachel yabwiye IBigwi ko Singirankabo Xavier yaje kuri uyu mukecuru ahetswe n’umumotari ageze kuri urwo rugo araharembera ahita ahapfira.

Ati “Ibyo kuba yari agiye kwivuza ku mupfumu ntabyo nzi gusa ikigaragaza ko abo mu muryango bari bazi aho yaguye nuko bahise baza kuri uyu mukecuru bivuze ko bari bazi ko ariho ari.”

Gitifu Mukantaganda avuga ko abo iwabo batwaye umurambo kujya kuwushyingura.

Nubwo Gitifu atemeje ko Singirankabo Xavier yapfiriye ku mupfumu, bamwe muri abo baturage bahamya ko uwo mukecuru asanzwe avura abaturage mu buryo bwa gakondo, bakavuga ko ariwo umurimo umutunze, cyakora bakavuga ko batazi icyamwishe.

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

9 hours ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

11 hours ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

1 day ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

1 day ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

1 day ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

2 days ago