RWANDA

Venant Rutunga ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Venant Rutunga ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside yasabiwe n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda gufungwa burundu.

Aregwa ko yagiye kuzana abajandarume kuri Perefegitura ya Butare bakica Abatutsi bari bahungiye mu kigo cya ISAR Rubona yari akuriye.

Ubushinjacyaha bwasabye abacamanza kuzamuhamya ibyaha bya jenoside, ubufatanyacyaha mu cyaha cya jenoside no kurimbura imbaga.

Uyu mugabo wahoze ayobora ikigo cy’ubushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi ISAR Rubona mbere no mu gihe cya jenoside yabwiye urukiko rukuru mu Rwanda ko aramutse ahamijwe ibyaha bya jenoside yaba arenganye.

Avuga ko yazanye abajandarume mu bihe bidasanzwe ngo barinde umutekano bagakora ikinyuranyo.

Rutunga yabwiye urukiko akiburana bwa mbere ko ibyo byaha byamwitiriwe kubera umwanya ukomeye w’ikigo cya ISAR yari arimo, avuga ko nta mabwiriza ayo ari yo yose cyangwa amategeko yigeze atanga we ubwe cyangwa se undi muyobozi uwo ari we wese muri ISAR, yo kwica abatutsi.

Muri ibyo byaha byose aregwamo ibikorwa bitandukanye birimo: iyicwa rya bamwe mu bakozi ba ISAR n’iyicwa ry’impunzi z’abatutsi zari zahungiye hafi y’icyo kigo.

Ibindi bikorwa aregwa ni ugutanga ibikoresho gakondo byifashishijwe mu kwica abatutsi, gusaba no kuzana abajandarume n’abasirikare bakoze ubwicanyi muri ISAR no guhemba Interahamwe zakoze ubwo bwicanyi.

Rutunga yahoze aba mu gihugu cy’Ubuholandi. Icyo gihugu cyamwohereje kuburana aho bikekwa ko yakoreye ibyaha.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 day ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

3 days ago