MU MAHANGA

Abasirikare bakomeye ba FARDC baherutse gucika imirwano bari bahanganyemo na M23 basabiwe kwicwa

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye abasirikare 11 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igihano cy’urupfu, nyuma yo kubashinja “kuba ibigwari no guhunga umwanzi” ubwo bari ku rugamba.

Advertisements

Aba basirikare barimo ba Ofisiye batanu bamaze iminsi baburanishwa, nyuma yo gushinjwa guhunga urugamba ubwo bari bahanganye mu ntambara n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Alexis Olenga wunganira mu mategeko Lt Col. Gabriel Paluku Dunia uri muri bariya basirikare, yabwiye Televiziyo ya TV5 Monde ko abaregwa batigeze bahunga urugamba cyangwa ngo bate ibirindiro byabo byari ahitwa Café Lushangi, hafi y’Umujyi wa Sake.

Abaregwa biteganyijwe ko bazongera kugezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare rw’i Goma rubaburanisha, ku wa 5 Mata 2024.

Mu gihe baba bahamijwe ibyaha baregwa, baba abantu ba mbere bashobora guhanishwa igihano cy’urupfu Leta ya Congo iheruka gusubizaho nyuma y’imyaka 21 yaragisubitse.

Muri uku kwezi kwa Werurwe ni bwo Kinshasa yatangaje ko isubijeho igihano cy’urupfu, mu rwego rwo guhangana by’umwihariko n’abasirikare bagambanira igihugu cyo kimwe n’abandi bantu bakora ibikorwa by’urugomo ruteza impfu mu bice by’imijyi.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

3 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago