UMUTEKANO

Menya imihanda izakoreshwa n’abayobozi ku munsi wo gutangiza Kwibuka30

Mugihe kuri iki Cyumweru tariki 7 Mata 2024, mu Rwanda hatangizwa icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi haganwe imihanda izaba ikoreshwa n’abashyitsi batandukanye bazaba bitabiriye icyo gikorwa.

Polisi y’u Rwanda iramenyesha ko kubera igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, giteganyijwe gutangira tariki 7 Mata2024 hari imihanda izifashishwa n’abayobozi bazaba bitabiriye uwo muhango.

Ni impinduka y’imwe mu mihanda izakoreshwa n’abashyitsi baje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mugihe imodoka rusange zagenewe indi mihanda.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko hari aba Polisi bazaba bari ku mihanda mu buryo bwo kuyobora abagira ikibazo.

Imihanda izakoreshwa n’abashyitsi kuri iki Cyumweru tariki 7 Mata 2024;

Umuhanda wa mbere uzaba ukoreshwa ni; Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali -Giporoso-Chez Lando – Bk Arena – Gishushu – KCC – Sopetrade – Peage – Serena Hotel.

Umuhanda wa Kabiri uzaba ukoreshwa ni; KCC – Ninzi – Kacyiru – Kinamba – Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – Yamaha – Serena Hotel.

Abatwara ibinyabiziga barasabwa gukoresha imihanda ikurikira;

Umuhanda wa mbere uko izakoreshwa; Kanombe – Busanza – Mu Itunda – Kabeza – Niboye – Sonatube – Rwandex – Kanogo – Kinamba – Nyabugogo.

Umuhanda wa Kabiri izakoreshwa mu buryo bukurikira; Umuhanda wa 12 – Kigali Parents School – Bk Kimironko – Kibagabaga – Akabuga ka Nyarutarama – Kagugu – Karuruma – Gatsata – Nyabugogo.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago