Ibihugu birimo Canada, Mexico, n’Amerika kuri uyu wa Mbere tariki 8 Mata 2024, ku isaha ya Saa Munani n’iminota irindwi z’amanywa (i Washington DC) habaye ubwirakabiri bw’izuba bwuzuye (tatal solar eclipse).
Icyo gihe hari Saa Mbili n’iminota irindwi z’ijoro ku isaha y’i Kigali.
Abatuye Mexique ni bo babanje kububona nk’uko byari biteganyijwe, bikomereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse byitezwe ko bisoreza muri Canada saa tatu n’igice z’ijoro ku isaha y’i Kigali.
Ubwirakabiri bw’Izuba bwuzuye bubaho iyo Ukwezi kunyuze hagati y’Izuba n’Isi, kugakingiriza Izuba ryose ntiribashe kugaragara mu bice by’Isi igicucu cyako kiringaniye nabyo. Abari muri ibyo bice bahita babura umucyo, bakisanga mu mwijima.
Ubwirakabiri bwo muri ubu bwoko bwaherukaga kuba ku wa 21 Kanama 2017. Ubundi nkabwo biteganyijwe ko buzaba mu 2044.
Uretse kuba ari ibintu byahuruje benshi bifuza kubireba cyane ko ari imboneka rimwe, ibitangazamakuru bikomeye ku Isi nka ABC, ABC News Live, National Geographic Channel, Nat Geo WILD, Disney+ na Hulu byerekanye imbonankubone (live) uko ubwo bwirakabiri bugenda.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…