MU MAHANGA

Perezida Tshisekedi wari wabeshyewe ko yaje i Kigali yibereye mu gihugu cy’i Burayi

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Felix Tshisekedi akomeje kwibazwaho aho aherereye ibiro by’Umukuru w’igihugu, byaje kwemeza ko ari kubarizwa i Bruxelles mu kazi.

Nyuma y’uko imwe muri television y’Ababiligi ikoze ikosa ikabeshyera Umukuru w’igihugu Felix Antoine Tshisekedi ko yaje i Kigali mu Kwibuka30 ariko bikaza kubeshyuzwa. Amakuru avuga ko uyu mukuru w’igihugu ubu aherereye i Bruxelles mu Bubiligi nk’uko byatangajwe na Perezidansi ya RDC abivuga.

Amakuru avuga ko ku Cyumweru ahagana ku Saa 05:05 ari bwo Tshisekedi yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’djili, mbere yo gufata rutemikirere yerekeza i Bruxelles mu ruzinduko rwihariye.

Abanyekongo bamaze iminsi barangisha ku mbuga nkoranyambaga uyu mukuru w’igihugu ari nako abandi bavuga ko ari mu Rwanda.

Ibi byaturutse ku munyamakuru wa RTBF (igitangazamakuru cy’Ababiligi) wakoze ikosa kuwa 07 Mata, avuga ko Félix Tshisekedi ari i Kigali, n’ubwo uyu mukuru w’igihugu cya Kongo atari no ku rutonde rw’abari batumiwe mu Rwanda.

Umuvugizi wa Félix Tshisekedi, Tina Salama, yaje kubinyomoza avuga ko Perezida Tshisekedi atari mu Rwanda, ahubwo ko yagiye mu gihugu “cy’amahanga”.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago