Nyuma y’inzara inuma ikomeje kuvugwa mu gihugu cy’u Burundi ryageze no mu barimu bigisha aho bamwe muribo batangiye kubura mu mashuri kugeza ubwo ibigo bimwe ngo bishobora kuzisanga byarafunze imiryango.
Impamvu y’ubuke bw’abarimu ngo ni imibereho mibi bakomeje guhura nayo iturutse ku mishahara bahabwa y’intica ntikize.
RPA Burundi, yanditse ko muri Komine ya Nyanza-Lac yo mu ntara ya Makamba itaka ko ifite ikibazo cyo kubura abakozi bigisha kubera ko babuze amikoro .Ngo sibo gusa kuko n’abanyeshuri bakomeje kwiga biguru ntege kuko abenshi babura ubushobozi.
Uturere twibasiwe cyane no kubura abarimu ni zone ya Mukungu na Kazirabageni, byose byo muri komini ya Nyanza-Lac.Ni ikibazo rusange yaba ku mashuri abanza n’ayisumbuye ndetse na Kaminuza.
Kubera ubukene buvugwa , ngo usanga butuma ibigo bimwe by’amashuri biha akazi abarimu badashoboye ugasanga n’abanyeshuri babashije kwiga ubumenyi bwabo buba bucagase kandi amanota yabo ugasanga amanuka umunsi ku munsi.
Abarimu n’ababyeyi bo muri komini ya Nyanza-Lac barasaba leta kongerera ubushobozi abafite uburezi mu nshingano kugirango ireme ry’imyigishirize rizamuke.
Mu cyumweru gishize bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Bujumbura baganiriye n’ijwi rya Amerika bavuze ko bitewe n’ubukene bwugarije u Burundi, batagereje urupfu ngo rubijyanire bitewe n’uko nta kindi bafite bakora ngo babwigobotore.
Bashingiye ku kuba ngo ubukode bw’amazu bwazamutse, ibiryo bigahenda kuzamurwa kw’amafaranga y’ingendo n’ibindi.Abarimu ba Kaminuza bo bavuze ko bagiye guhagarika akazi kuko ngo umushahara bahabwa uba umeze nka serumu.
Src: Bwiza
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…