Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 10 Mata 2024, ari umunsi w’ikiruhuko cyo kwizihiza Eid al-Fitr no gusoza Ukwezi Gutagatifu kwa Ramadhan ku Bayisilamu.
Ubutumwa bw’integuza bwatanzwe n’ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwashyizweho umukono na Mufti w’u Rwanda Sheikh Hitimana Salim, bugaragaza ko umunsi mukuru usoza igisibo cy’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan “Eidil Fitri 2024”, uzaba ku wa Gatatu tariki ya 10 Mata 2024.
Isengesho ry’uwo munsi rizabera i Nyamirambo kuri Kigali Pele Stadium guhera saa kumi n’ebyiri n’igice za mugitondo (6:30).
Ubuyobozi bwa Abayisilamu mu Rwanda bwatangaje ko kubera igihugu kiri mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi nta birori byo kwishima no kunezerwa bizaba nk’uko byari bisanzwe ku munsi wo gusoza igisibo wa Eid al Fitr (irayidi) kuri uyu wa Gatatu.
“Ibijyanye n’ubusabane n’uburyo twajyaga twizihiza ntabwo byemewe kuko hari amabwiriza ahari agaragaza ko bitemewe kuko turi mu gihe cy’icyunamo. Abayisilamu bakwiriye kubyitwararika bagakora gahunda zijyanye no gusenga.”
Byongeyeho ko “Isengesho ry’irayidi rizaba mu gitondo kugira ngo rishobore no gufasha n’izindi gahunda zihari zijyanye no kwibuka.”
Mufti w’u Rwanda Sheikh Hitimana Salim yavuze ko Abayisilamu bagomba gukurikiza amabwiriza yatanzwe na MINUBUMWE muri ibi bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…