Kuri uyu wa Mbere, mu gihugu cya Mozambique abantu basaga 100 bapfuye nyuma y’aho ubwato burohamye ku nkombe zo mu majyaruguru ya Mozambique, abandi bagera kuri 20 bakaba baburiwe irengero.
Aya ni amakuru yanemejwe na Perezida w’igihugu cya Mozambique Filipe Nyusi wavuze ko igihugu cyabuze abantu benshi.
Umukozi wo mu kigo gishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu nyanja (INTRASMAR) yavuze ko ubwo bwato bwari butwaye abagenzi 130 ari ubwato bw’uburobyi bwarengeje urugero kandi ko butemerewe gutwara abantu.
Ku Cyumweru, bwatwaraga abantu bava i Lunga mu ntara ya Nampula berekeza ku kirwa cya Mozambique, nk’uko Lourenco Machado, umuyobozi wa INTRASMAR, yabitangarije kuri televiziyo ya Leta, yongeraho ko raporo za mbere zerekana ko bwakubiswe n’umuhengeri.
Ibiro by’umunyamabanga wa Leta mu ntara ya Nampula byatangaje ko abagenzi bahungaga icyorezo cya kolera, akomeza avuga ko abantu 10 barokowe abandi bagera kuri 20 bakaba baburiwe irengero.
Perezida Nyusi yavuze ko ababajwe n’ayo makuba maze ategeka minisitiri ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri Mozambike gusura icyo kirwa kugira ngo akore iperereza.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…