Mozambique: Abasaga 100 baguye mu bwato bwarohamye

Kuri uyu wa Mbere, mu gihugu cya Mozambique abantu basaga 100 bapfuye nyuma y’aho ubwato burohamye ku nkombe zo mu majyaruguru ya Mozambique, abandi bagera kuri 20 bakaba baburiwe irengero.

Aya ni amakuru yanemejwe na Perezida w’igihugu cya Mozambique Filipe Nyusi wavuze ko igihugu cyabuze abantu benshi.

Umukozi wo mu kigo gishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu nyanja (INTRASMAR) yavuze ko ubwo bwato bwari butwaye abagenzi 130 ari ubwato bw’uburobyi bwarengeje urugero kandi ko butemerewe gutwara abantu.

Ku Cyumweru, bwatwaraga abantu bava i Lunga mu ntara ya Nampula berekeza ku kirwa cya Mozambique, nk’uko Lourenco Machado, umuyobozi wa INTRASMAR, yabitangarije kuri televiziyo ya Leta, yongeraho ko raporo za mbere zerekana ko bwakubiswe n’umuhengeri.

Ibiro by’umunyamabanga wa Leta mu ntara ya Nampula byatangaje ko abagenzi bahungaga icyorezo cya kolera, akomeza avuga ko abantu 10 barokowe abandi bagera kuri 20 bakaba baburiwe irengero.

Perezida Nyusi yavuze ko ababajwe n’ayo makuba maze ategeka minisitiri ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri Mozambike gusura icyo kirwa kugira ngo akore iperereza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *