INKURU ZIDASANZWE

Rutahizamu wa Newcastle Alexander Isak yacucuwe n’abajura

Umugore umwe ari mu Banyakorowasiya bane bavugwaho ubujura nyuma y’igitero cyagabwe kuri rutahizamu wa Newcastle United, Alexander Isak ku nyubako ye bakamucucubya utwe.

Nk’uko ikinyamakuru Mail Online kibitangaza ngo agatsiko k’amabandi kinjiye mu nzu y’uyu mukinnyi w’umupira w’amaguru ubarizwa muri Premier League i Darras Hall, muri Newcastle, ubwo yari mu rugo ku ya 4 Mata maze biba amafaranga menshi n’imodoka ye akunda cyane yo mu bwoko bwa luxury sport.

Mu makuru yabashije gutangwa na Polisi icyakora yavuze ko imodoka ya Isak w’umunya-Sweden yaje gufatwa imaze kurenga ibirometero bigera muri bitatu mu gace ka Dissington.

Iryo tsinda kandi rigizwe n’abantu bane barashinjwa kwinjira mu rundi rugo rw’umuturage muri Sunderland aho babashije kwiba imyenda bahasanze, imikufi ihenze, n’amafaranga agera ku bihumbi ijana by’amapound (£100.000).

Ni itsinda rivugwaho kuba ryaragiye rikora ubujura ahantu hatandukanye rigenda risahura bimwe mu byo ryahasangaga.

Tariki 31 Werurwe, iryo tsinda kandi rivugwaho ko ryateye urugo rw’umuturage utuye i Jesmond, aho bibye imitako n’imyenda myinshi.

Iperereza ryatangijwe n’ishami rishinzwe gukurikirana ibigendanye n’ubujura rikorera mu Majyaruguru y’Uburasirazuba ryakomoje ko ubwo bujura uko ari butatu bufitanye isano.

Jela Jovanvic w’imyaka 42 n’abandi bagabo batatu barimo Valentino Nikolov w’imyaka 31, Giacomo Nikolov w’imyaka 27 na Charlie Jovanovic w’imyaka 23, nibo bakurikiranyweho ibyo byaha by’ubujura no kwinjira mu mazu y’abandi.

Bose uko ari bane, bamaze koherezwa mu Bwongereza, bagombaga kwitaba urukiko rw’ibanze rwa Bedlington kuwa Mbere.

Umuyobozi wa NEROCU, Shaun Fordy, ushinzwe ibigendanye n’iperereza ririmo gukorwa yagize ati: “Ibi byabaye ni uburyo bwiza bw’ubufatanye no  gukora neza bigendanye n’akazi gakomeye ka polisi.”

Ati ”Iki gikorwa cyerekana ko ibigendanye n’ibi byaha butazihanganirwa mu karere kacu, kandi ko inshingano zacu arizo kujya turinda abaturage bacu no gufata abo twizeye ko ari bo babirinyuma.

Yasoje avuga ko inshingano bihaye ari ukurwanya abigira abajura bagacucubya abandi, ko ibyo bintu bidateze kuzihanganirwa kandi uzajya afatwa azajya ahanwa by’intangarugero.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago