Umunyamakuru Irene Mulindahabi yamaze kugera mu Mujyi wa Montreal mu gihugu cya Canada aho bivugwa ko asanze umukunzi we.
Murindahabi usanzwe ukora ibikorwa birimo Ubunyamakuru ndetse no gufasha abahanzi b’abaramyi aribo Vestina na Dorcas bivugwa ko ashobora gukomereza ubuzima bwe muri kiriya gihugu mugihe cyose hatabayeho izindi mpinduka.
Uyu munyamakuru ukorera mu gisate cy’imyidagaduro akaba afite umuyoboro wa shene ya YouTube izwi nka MIE Empire yashyize hanze ifoto yamaze kugera muri Montreal mu gihugu cya Canada, ndetse ahishuraho yamaze kugera murugo hashya.
Yanditse amagambo agira ati “Shalom! Umuhungu wo mu Gatsata yageze mu Mujyi. Canada murugo hashya.”
Amakuru ahari avuga ko Irene Murindahabi asanzwe afite umukunzi mu gihugu cya Canada ariko akaba atarakunze kumugaragaza.
Irene Murindahabi yerekeje muri Canada nyamara asize umwana w’umukobwa yibarutse mukuru akiri mu Rwanda.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…