IMIKINO

Abasifuzi bo mu Rwanda bagiye gutangira guhugurwa mu gukoresha VAR

Binyuze mu Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, ifatanyije n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA hamwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, bagiye gutangira guha abasifuzi bo mu Rwanda amahugurwa agendanye n’ikoreshwa rya VAR (Video Assistant Referee).

Advertisements

Kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Mata 2024, abasifuzi bo mu Rwanda baratangira amahugurwa y’iminsi ibiri, aho ari bwibande ku gukoresha VAR.

Aya mahugurwa aritabirwa n’abasifuzi bo mu kiciro cya Mbere gusa mu bagabo.

Ntagungira Céléstin uzwi nka Abega usanzwe ari Impuguke y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, mu bijyanye n’imisifurire ya VAR, ni we ugomba gutanga aya mahugurwa.

Kugeza ubu mu Rwanda, abarimo Mukansanga Salima Rhadia, Uwikunda Samuel na Mutuyimana Dieudonné nibo Banyarwanda rukumbi basifura bamaze guhugurwa kuri VAR.

Undi Munyarwanda wahuguriwe gukoresha iri Koranabuhanga, ni Hakizimana Louis uyobora Komisiyo y’Abasifuzi mu Rwanda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago