Perezida Paul Kagame yavuze ko n’ubwo ikipe akunda ariyo Arsenal yasezerewe muri ¼ cya UEFA Champions League akiyikunda, yifuriza amahirwe Bayern Munich yayisezereye ikinjira muri ½ cy’irangiza.
Perezida Kagame yabitangarije ku rubuga rwa X [yahoze ari Twitter] nyuma y’umukino wa ¼ wo kwishyura wahuje aya makipe yombi ahuriye ku kuba afitanye ubufatanye n’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo.
Igitego cya Joshua Kimmichi ku munota wa 64, cyafashije Bayern Munich gutsinda Arsenal 1-0 mu mukino wo kwishyura, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-2 mu mikino ibiri ya ¼ yabahuje.
Ubwo uyu mukino wari urangiye, Perezida Kagame yagize ati “Nubwo bavuyemo, baracyari ikipe yanjye -#Arsenal. Amahirwe masa – #FCBayernM.!!!”
Mu wundi mukino ukomeye wabaye, Real Madrid yasezereye Man City kuri penaliti 4-3, nyuma y’uko amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wakinwe iminota 120 kuko ubanza nabwo bari banganyije ibitego 3-3.
Amakipe abiri akina shampiyona y’u Bwongereza ntiyahiriwe n’urugendo rwa ¼ mu mikino ya UEFA Champions League izakinirwa i London mu gihugu cy’Ubwongereza.
Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…