IMYIDAGADURO

Ashanti yatangaje ko atwitiye umuraperi Nelly

Umuririmbyi w’Umunyamerika Ashanti yatangaje ko atwite inda ya mbere y’umuraperi Nelly nyuma y’uko aba bombi bongeye kubura urukundo rwabo kandi bakaba biteguye kurushinga.

Advertisements

Aba bombi bavugwa mu rukundo ni amakuru batangarije ikinyamakuru Essence.

Ashanti yabwiye iki kinyamakuru ati: “Uyu ni umwaka mushya ku buzima bwanjye ni umugisha wuzuye urukundo, ibyiringiro, no gutegereza.” 

Ati: “Ububyeyi ni ikintu ntegerezanyije amatsiko, kandi kubisangiza umuryango wanjye, n’umukunzi wanjye, ndetse hamwe n’abafana b’indahemuka, bashyigikiye cyane umwuga wanjye, ni ibintu bitangaje.”

Uyu muhanzikazi wabaye nkuwirekuye yanasangije amashusho ajyane n’ubuzima bwe bigendeye muri kompanyi ya Nelly, Proov, asigaye akorana nayo mu buryo bw’imikorere, ibigendanye no gutwitira murugo. Muri ayo mashusho kandi, Ashanti wasaga n’uwiteguye kujya ku rubyiniro yabajijwe n’umuntu igihe bigiye kumufata ngo ategereza.

Ashanti w’imyaka 43 usanzwe ari umuririmbyi akaba n’umwanditsi mu kumusubiza, yahise amubwira ati: “Ndategereza nka mezi icyenda gusa.”

Uyu azaba abaye umwana wa mbere wa Ashanti abyaranye na Nelly mugihe azaba ari uwa gatanu amaze azaba agize. Uyu muraperi w’imyaka 49 y’amavuko afite umukobwa, witwa Chanelle, n’umuhungu we Cornell Jr., kandi yareze nabandi bana ba mushiki we Jackie Donahue, Shawn na Sydney, nyuma yo gupfa azize indwara ya leukemia mu 2005.

Nelly na Ashanti mbere bakundanyeho, ariko baza kubivamo, imyaka igera kuri 11 mbere y’uko bombi baje kubihagarika muri 2013. Nyuma yaho umwaka ushize bongeye gusubirana.

Nelly ubwe mu Kwezi kwa Nzeri (9) niwe wemeje ko yongeye gusubira mu rukundo n’uwo bahoze bakundana ariwe Ashanti.

Ati “Yego nibyo twongeye gusubirana, ariko byabaye nkaho natwe bidutunguye twese, siko twabitekereza, gusa ntekereza ko twese dukorana neza”.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago