IMIKINO

Nyuma yo kwanga kwambara ‘Visit Rwanda’, TP Mazembe igiye kwihanizwa

TP Mazembe y’i Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhanwa nyuma yo kwanga kwambara imyenda iriho Visit Rwanda nk’umuterankunga w’irushanwa ’Africa Football League’ riherutse gutangizwa.

Advertisements

Mu mpera za 2023 nibwo CAF yatangije ku mugaragaro irushanwa rya Africa Football League ryegukanwe na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo itsinze Wydad Casablanca yo muri Morocco.

Iri rushanwa ryitabiriwe na TP Mazembe yo muri Congo aho itageze kure kuko yakuwemo na ES Tunis muri 1/4 cy’irangiza ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Icyo gihe, TP Mazembe yanze kwambara imyenda iriho Visit Rwanda nk’umuterankunga w’iri rushanwa ryari riri gukinwa bwa Mbere.

Nyuma y’uko iyo kipe yishe amategeko y’irushanwa, igiye guhanwa na CAF nyiri gutegura iri rushanwa.

TP Mazembe yagombaga kwakira miliyoni y’amadorali y’Amerika kubera ko yitabiriye iri rushanwa gusa izakatwa hafi 1/2 cy’ayo mafaranga kubera kwanga kwambara imyenda iriho Visit Rwanda.

Nk’uko bitangazwa n’umukozi wa CAF, Micky Jnr ngo TP Mazembe yari kwakira Miliyoni y’amadorali y’Amerika gusa izakatwa $450,000 kubera yanze kwambara imyenda iriho Visit Rwanda nk’umuterankunga w’irushanwa.

Muri Africa Football League iheruka, TP Mazembe yaviriyemo muri kimwe cya kane kirangiza ikuwemo na ES Tunis ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Ubusanzwe ikipe igeze muri kimwe cya kane kirangiza muri iri rushanwa ihabwa miliyoni y’amadorali y’Amerika mu gihe iyatwaye igikombe yo ihabwa miliyoni Enye z’amadorali y’Amerika.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago