IKORANABUHANGA

WhatsApp yahagaritswe mu Bushinwa

Kuri uyu wa Gatanu ku ya 19 Mata 2024, Abakoresha telefoni za iPhone mu gihugu cy’Ubushinwa batunguwe no kubona zimwe mu mbuga nkoranyambaga zirimo WhatsApp na Threads ihagaze muri telefoni zabo nyuma y’uko zikuwe muri App Store.

Advertisements

Apple yatangaje ko iki cyemezo cyashyizwe mu bikorwa nyuma y’ubusabe bw’u Bushinwa bwagaragaje ko ari ku bw’impamvu z’umutekano w’igihugu n’ubwo hatagaragajwe ibibazo nyirizina izi porogaramu zateye.

Telegram na Signal nazo ni izindi porogaramu zahagaritswe zigahita zikurwa kuri App Store rushakishirizwaho porogaramu zitandukanye.

Mu butumwa bwashyizwe hanze, Apple, yavuze ko “Urwego rushinze kugenzura ibikorerwa kuri internet mu Bushinwa nirwo rwadusabye gukuraho izi porogaramu, twe dutegetswe kubahiriza amategeko y’ibihugu dukoreramo kabone n’ubwo twaba tutayemeranyaho.”

Abahanga mu rwego rw’ikoranabuhanga mu Bushinwa, batangaje ko igihugu cyabo cyafashe icyemezo cyo guhagarika izi porogaramu kubera itegeko rishya ryashyizweho ryasabaga porogaramu zose kwibaruza kuri leta cyangwa zigahagarikwa. Hahise hashyirwaho itariki ntarengwa yari impera za Werurwe, ndetse ibijyanye n’iri tegeko bitangira kubahirizwa ku wa 01 Mata uyu mwaka.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago