INKURU ZIDASANZWE

Nyamasheke: Imvura yaguye nyinshi icamo umuhanda kabiri

Kuri uyu wa 24 Mata 2024, imvura yaguye nyinshi mu muhanda wa Nyamasheke werekeza Rusizi wangije ibikorwaremezo birimo karimbo kugeza ubwo icitsemo kabiri ndetse n’ipoto ry’amashanyarazi.

Ibi byabereye ahazwi nka Kamiranzovu mu ishyamba rya Nyungwe, mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushekeri, Akagari ka Buvugira, Umudugudu Bujagiro.

Uku kwangirika kw’ipoto ry’amashanyarazi byatumye abaturiye ibyo bice babura umuriro.

Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryemeje aya makuru rivuga ko irimo gukora ibishoboka byose kugira ngo umuhanda wongere ube nyabagendwa. 

SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano mu muhanda yatangaje ko uwo muhanda wangiritse bikomeye kubera imvura yaraye iguye bigatuma ucikamo kabiri, igice kimwe kikagenda.

Ibi bibaye mugihe Meteo Rwanda iherutse gutangaza ingengabihe y’igice cya gatatu cy’imvura iteganyijwe muri uku Kwezi kwa Mata kuva tariki 21 kugeza kuya 31 Mata 2024, izaba iri hejuru ku kigero cy’impuzantengo cy’imvura yarisanzwe igwa  mu bice bitandukanye by’Igihugu.

Mu bice Meteo yagaragaje ko imvura izibasira harimo Intara y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n’Uburengerazuba.

Zimwe mu ngaruka zitezwe kubera imvura imaze iminsi igwa muri ibyo bice harimo kuba ubutaka busoma kuko imvura idasiba kugwa buri munsi hakabamo imyuzure, gutenguka kw’inkangu n’isuri cyane cyane ahantu hahamye itarwanijwe.

Abanyarwanda byumwihariko bakomeza kubwirwa ko bakomeza kuba maso mugihe nk’iki, bashyiraho ingamba zo gukumira ibiza igihe cyose.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 day ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

3 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

3 days ago