IMYIDAGADURO

Kizz Daniel na Tekno bari gupfa amafaranga y’indirimbo

Abahanzi babiri bo muri Nigeria aribo Kizz Daniel na Tekno bari mu ntambara y’amafaranga yavuye mu ndirimbo yabo yakunzwe cyane bise ‘Buga’.

Tekno ni we wafashe iya mbere abitewe n’ikiganiro yari amaze kubona, aho bavugaga ko yahawe hafi miliyari y’ama-Naira na Kizz Daniel nk’umusaruro wavuye muri ‘Buga’.

Tekno yaje kunyomoza ayo makuru, avuga ko Kizz Daniel nta mafaranga angana atyo yabona. Kizz na we ntiyatindiganyije, maze amusubiza avuga ko indirimbo ye yongeye kuzahura Tekno Wasaga n’uwazimye icyo gihe.

Amakuru avuga ko Kizz Daniel yoherereza Tekno 50% y’amafaranga yose yinjije kuri “Buga”.

Tekno yabihakabye agira ati “Ntabwo afite amafaranga angana atyo. Inkuba izakubita umuntu wese washyize hanze icyo kiganiro cy’ibinyoma.”

Kizz Daniel akibibona yahise amusubiza ati:”Iyo navuze amafaranga urayagara! Wibuke ukuntu “Buga” yagupfubuye.”

Hagati aho biravugwa ko bishobora kuba ari kwamamaza ibitaramo cyangwa indirimbo y’umwe muri aba, dore ko abahanzi bazwiho guteza amakimbirane iyo bafite imishinga bashaka ko imenyekana. 

Indirimbo yakunzwe cyane yitwa “Buga”  yagiye hanze muri Gicurasi 2022, aho imaze kurebwa n’abantu barenga miliyoni 200 kuri YouTube.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

18 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

19 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago