IMYIDAGADURO

Kizz Daniel na Tekno bari gupfa amafaranga y’indirimbo

Abahanzi babiri bo muri Nigeria aribo Kizz Daniel na Tekno bari mu ntambara y’amafaranga yavuye mu ndirimbo yabo yakunzwe cyane bise ‘Buga’.

Advertisements

Tekno ni we wafashe iya mbere abitewe n’ikiganiro yari amaze kubona, aho bavugaga ko yahawe hafi miliyari y’ama-Naira na Kizz Daniel nk’umusaruro wavuye muri ‘Buga’.

Tekno yaje kunyomoza ayo makuru, avuga ko Kizz Daniel nta mafaranga angana atyo yabona. Kizz na we ntiyatindiganyije, maze amusubiza avuga ko indirimbo ye yongeye kuzahura Tekno Wasaga n’uwazimye icyo gihe.

Amakuru avuga ko Kizz Daniel yoherereza Tekno 50% y’amafaranga yose yinjije kuri “Buga”.

Tekno yabihakabye agira ati “Ntabwo afite amafaranga angana atyo. Inkuba izakubita umuntu wese washyize hanze icyo kiganiro cy’ibinyoma.”

Kizz Daniel akibibona yahise amusubiza ati:”Iyo navuze amafaranga urayagara! Wibuke ukuntu “Buga” yagupfubuye.”

Hagati aho biravugwa ko bishobora kuba ari kwamamaza ibitaramo cyangwa indirimbo y’umwe muri aba, dore ko abahanzi bazwiho guteza amakimbirane iyo bafite imishinga bashaka ko imenyekana. 

Indirimbo yakunzwe cyane yitwa “Buga”  yagiye hanze muri Gicurasi 2022, aho imaze kurebwa n’abantu barenga miliyoni 200 kuri YouTube.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago