Mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata, Rayon Sports y’Abagore yakoze amateka yegukanye igikombe cy’Amahoro cya 2024 nyuma yo ku nyagira Indahangarwa WFC ibitego 4-0.
Rayon Sports iheruka no kwegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere nyuma y’uko izamutse, yongeye ikora amateka inegukana igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka.
Mukandayisenga Jeannine ’Kaboy’ ni we wafashije iyi kipe gutsinda ibitego byose byahesheje ikipe ye gutwara igikombe.
Ni ibitego byose byabonetse ku minota ya 13’,16’, 51’ n’uwa 65’.
Ni ubwa mbere mu mateka yayo, Rayon Sports y’abagore yegukanye igikombe cy’amahoro gusa umwaka ushize yageze ku mukino wa nyuma itsindwa na AS Kigali.
Rayon Sports WFC yageze ku mukino wa nyuma isezereye AS Kigali ku bitego 2-1. Indahangarwa WFC yo yageze ku mukino wa nyuma isezereye Fatima.
Ni mugihe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wegukanywe AS Kigali WFC itsinze Fatima WFC ibitego 4-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya mumena.
Rayon WFC yegukanye igikombe cy’Amahoro yashyikirijwe igikombe ndetse na sheke ya miliyoni 11 y’amafaranga y’u Rwanda mugihe ikipe ya kabiri ariyo Indahangarwa WFC yahawe miliyoni 5 y’u Rwanda.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…