INKURU ZIDASANZWE

MONUSCO yasezerewe muri Kivu y’Amajyepfo

Guverinoma ya RDC yemeje isezererwa n’ifunga rya burundu ibikorwa by’Akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano (MONUSCO) ku butaka bwayo muri Kivu y’Amajyepfo.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Mata 2024, aho uyu muryango warumaze igihe kinini ugenzura ubu butaka bw’Amajyepfo ya Kivu bwasabwe gutaha ntibukomeze kugenzura ubu butaka ukundi biturutse ku busabe bwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bije nyuma kandi y’uko ingabo za MONUSCO zari zatangiye kugabanya ibikorwa byayo bijyanye no kubungabunga umutekano muri Kivu y’Amajyepfo guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka ndetse bamwe mu basirikare bakaba baranamaze gutaha.

Itangazo rya Monusco rivuga ko guhera kuri uyu wa Gatatu taliki ya 1 Gicurasi 2024, nta bikorwa bya MONUSCO bizongera kurangwa muri Kivu y’Amajyepfo keretse gusa abakozi bambaye imyenda yabugenewe bacunga ibikoresho ,amamodoka n’ibikoresho bitandukanye kugeza bihakuwe.

Bintou Keita usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa MONUSCO, yatangaje ko inshingano z’umutekano w’abasivili n’ibindi byabarebaga muri iyi ntara, kugeza ubu ziri mu nzego z’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ’FARDC’.

MONUSCO imaze hafi imyaka irenga 20 dore ko yageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mwaka 2003, kuva muri iyo myaka yose hakaba habarurwa abantu bayo bagera ku bihumbi 100 bari kuri ubwo butaka bwa Kivu y’Amajyepfo.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago