Polisi ishami rishinzwe ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ryemeje ko rigiye gutangira gukoresha ibizamini hifashishijwe ikoranabuhanga bigomba gutangirana n’uku Kwezi kwa Gicurasi.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara Polisi yemeje ko guhera tariki 6 Gicurasi 2024, izatangira gukoresha ibizamini hifashishijwe ikoranabuhanga mu Kigo gishya giherereye mu Busanza mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza.
Ibizamini bizajya bikorerwa muri iki kigo gishya ni uruhushya rw’agateganyo n’impushya za burundu mu rwego rwa A, B, C, D, D1.
Ndetse abiyandika bakaba banyura ku rubuga rw’Irembo ndetse kwiyandika bikaba biri butangirane na tariki 3 Gicurasi 2024.
Polisi kandi yibutsa ko abiyandika gukorera ibyo bizamini bagomba kubahiriza amasaha bahawe biyandikisha akagenda yitwaje indangamuntu y’umwimerere.
Iki Kigo gitangiye gahunda nshya yo gukoresha ibizamini hifashishijwe ikoranabuhanga mugihe iyi gahunda iherutse kwemezwa mu nama y’Abaminisitiri yateranye mu mpera z’uku Kwezi kwa Mata 2024.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…