INKURU ZIDASANZWE

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt bafashwe n’indwara y’amayobera yo kuruka.

Advertisements

Amakuru avuga ko iyo ndege ya Condor DE2315 yakoraga urugendo ruva Maurice yerekeza i Frankfurt mu Budage abagenzi barimo bafashwe n’indwara itaramenyekana bararuka.

Iyo ndege ubwo yururukaga ku butaka bw’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cy’i Frankfurt ahagana ku isaha ya Saa Kumi n’imwe n’igice z’umugoroba, abagenzi bahise bakirwa n’itsinda rigari ry’abaganga kugira babiteho.

N’itsinda ryari ryahamagawe mbere y’uko iyo ndege igwa kuri icyo kibuga kuko ubuyobozi bwari bwamaze kugezwaho ikibazo nk’uko amakuru abivuga.

Ibintu byatangiye gukara ubwo abagenzi bagera kuri 70 muri 290 bari batwawe muri iyo ndege batangiye kugira isesemi no kuruka.

Umuvugizi mu by’indege mu gihugu cy’u Budage nawe yemeje amakuru ariko avuga ko abakozi batigeze bahura n’ubwo burwayi.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga ko umupilote w’indege bahuguwe ku buryo ntakibazo bagiriye muri urwo rugendo.

Amakuru avuga ko nyuma y’uko hasuzumwe neza ikibazo cyari cyabaye, indege yaje gukomeza urugendo. Indege kuko yaguye i Frankfurt neza aho abahanga mu by’ubuvuzi bari bahari kugira ngo bite kubari bagize ibibazo.

Sosiyete y’indege ntacyo yatangaje ku cyateye uburwayi butunguranye bwagaragaye muri iyo ndege. Gusa bavuga ibiryo bakoresha mu ndebe byari byateguwe n’igihugu cya Maurice.

Uwo muvugizi avuga ko iperereza ryatangiye gukorwa kugira ngo harebwe icyateje impamvu yo kuruka kw’abagenzi bari muri iyo ndege kugira ngo hafatwe n’ingamba zo kuzikumira.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago