INKURU ZIDASANZWE

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere ka Gakenke, umusozi witse inzu zigera kuri zirindwi zirarigita.

Advertisements

Ubuyobozi butangaza ko umuturage umwe yajyanwe mu Bitaro nyuma yo guhungabanywa n’ibyo yabonye.

Amakuru avuga ko mbere yo kwika k’uyu musozi byabanjirijwe n’ibimenyetso byagaragaye kuri uwo musozi mu mpera z’icyumweru gishize.

Byatangiye hika igice gito cyawo, Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke bwihutira kwimura bamwe mu baturage bawuturiye mu kubarinda ko wazariduka ukabatwara ubuzima.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Mukandayisenga Vestine yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko ayo makuru ariyo, ndetse bihutiye gufasha abaturage bari bahatuye ubu bose bakaba bameze neza.

Yagize ati “Ahantu hararidutse babura buri kimwe bari bafite. Ni imiryango 26 yahuye n’iki kibazo, inzu zirindwi zahise zigenda izindi 19 na zo tubakuramo kuko niho ibyo bitengu bigana, ubu bose bameze neza.”

Kugeza ubu imiryango 26 niyo yagizweho ingaruka zatewe no kwika k’uyu musozi, gusa Akarere kabashakiye aho kuba mu gihe bagitegereje ubundi bufasha ubu bameze neza.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago