Umunya Eritrea Tesfazion Natnael ni we wegukanye isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda 2020.
Abanya Eritrea bazi neza iri siganwa kuko uyu abaye uwa gatatu uritwaye nyuma ya Daniel Teklehaimanot waryegukanye mu 2010 na Merhawi Kudus waryegukanye mu 2019.
Muri rusange yakoresheje amasaha 23 iminota 13 n’amasegonda 01 mu isiganwa ryazengurutse u Rwanda rwose mu minsi 8 rimaze, mu ntera ya kilometero 889.
Tefazion Natnael yarushije Mugisha Moïse, Umunyarwanda ukinira ikipe ya SKOL Adrien Academy, amasegonda 54.
Agace ka nyuma k’isiganwa ariko kegukanywe na José Manuel Díaz Gallego, Umunya Espagne ukinira ikipe ya Nippo Delko Provence yo mu Bufaransa.
Agace ka nyuma kari gafite uburebure bwa kilometero 89, abasiganwa bazenguruka imihanda yo mu mujyi wa Kigali.
Díaz Gallego yakoresheje amasaha 2 iminota 33 n’amasegonda 24. Yasize Umunyarwanda Mugisha Moïse wabaye uwa kabiri amurusha amasegonda 2.
Iri rushanwa riri ku rwego rumwe n’irushanwa rya la Tropicale Amissa Bongo ryo mu gihugu cya Gabon, yombi akaba ari ku rwego rwa 2.1 ari rwo rwego ruri imbere ku marushanwa yo ku mugabane w’Afurika.
Umutoza wa AS Kigali WFC, Ntagisanimana Saida, yafatiwe ibihano byo kumara imikino itatu adatoza kubera…
François Xavier Habonimana, wakoraga umurimo w'ubukangurambaga mu ishyaka riri ku butegetsi mu gihugu cy'u Burundi…
Ushingiye ku byari mu itangazo ry’umuhesha w’inkiko umunyamategeko Vedaste Habimana rihamagarira ababishoboye kugura kuri make…
Umuhanzi mpuzahamanga Justin Bieber aricuza kuba yaremeye kujya mu ndirimbo Essence ya Wizkid, aho ahamya…
Mu gitaramo cyitwa Serengeti Bite Vibes cyabaye mu ijoro ryo kuwa gatandatu tariki 27 Mata,…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata 2024, Mu rugo rw’umugabo witwa…