IMYIDAGADURO

Umuhanzi Justin Bieber yavuze ko yicuza gukorana na Wizkid

Umuhanzi mpuzahamanga Justin Bieber aricuza kuba yaremeye kujya mu ndirimbo Essence ya Wizkid, aho ahamya ko kuva yajya muri iyo ndirimbo, muzika ye yahise irangira.

Ni amagambo uyu muhanzi yanditse kuri Instagram ye ati:”Kuva najya mu ndirimbo Essence hamwe na Wizkid, ‘career’ ntiyongeye kumera nk’uko yari imeze.”

Bieber yakomeje avuga ko yicuza kuba yaragiye muri iyo ndirimbo, kuko avuga ko byamwangije cyane.

Essence ni indirimbo yasohotse bwa mbere mu Ukwakira 2020 aho Wizkid yayikoranye na Tems, ikaba imwe mu zigize album ‘Made in Lagos’ y’uyu muhanzi wo muri Nigeria ukunzwe n’abatari bake ku isi.

Muri Kanama 2021 nibwo hasohotse remix y’iyi ndirimbo yiyongereyemo icyamamare Justin Bieber,  bituma irushaho gukundwa na benshi, dore ko na mbere y’uko ayijyamo yari imwe mu zikunzwe mu bice bitandukanye ku isi.

Umuhanzi Justin Bieber ukomoka muri Canada ariko ukorera muzika ye muri Amerika n’ubwo yicuza gukorana indirimbo na Wizkid ukomoka muri Nigeria si ubwa mbere akoranye n’abahanzi baho kuko anagitanye indirimbo n’uwitwa Omah Lay bahuriye mu ndirimbo yitwa ‘Attention’.

Justin Bieber avuze aya magambo yo kwishongora kuri Wizkid amushinja gusubira inyuma muri muzika mugihe nyamara yagiye ku mbuga nkoranyambaga ze akagaragaza urukundo afite indirimbo nshya y’umuhanzikazi Tems yise ‘Love me JeJe’.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago