Categories: UBUZIMA

Umucyecuru w’imyaka 68 yibarutse impanga

Ibitaro bya Lagos State University Teaching Hospital (LUTH) byo mu gihugu cya Nigeriya byatangaje ko babyaje umugore w’imyaka 68 abana babiri b’impanga yari asamye bwa mbere.

Advertisements

Mu itangazo ryasohowe n’ibi bitaro ejo ku cyumweru, bavuga ko uyu mugore yabyaye abazwe nyuma y’ibyumweru 37 akurikiranwa.

Ibi bitaro bivuga ko uyu mugore yasamye hakoreshejwe ubuhanga bwo guhuriza muri laboratoire igi ry’umugore n’intanga ngabo mu byo bita In Vitro Fertilisation (IVF).

Ibi byombi nyuma y’iminsi hagati y’ibiri n’itandatu bikora igi rivamo umuntu (zygote), iri gi riterwa muri nyababyeyi (uterus) ya wa mugore cyangwa se uwundi, hagamijwe ko atwita.

Ibitaro bya LUTH bivuga ko abana n’uyu mugore bose bameze neza.

Amakuru avuga ko uyu mugore yari inshuro ya mbere abyaye,kubw’amahirwe abyara abana b’impanga.

Andi makuru ava muri Nigeria ni uko abaturage bo mu bwoko bw’Abayoruba bafashe umwanzuro wo kurya imbeba mu rwego rwo kwirinda gusohoka hanze muri ibi bihe bya Coronavirus.

Umuyobozi w’abaturage babaswe n’imico gakondo,Nnamdi Okwu Kanu yavuze ko aba baturage banze kwicwa n’inzara kubera gahunda ya Guma mu rugo bahitamo kwica izi mbeba.

Uyu mugabo yavuze ko ibihe bibi bya Coronavirus igihugu cya Nigeria kirimo bimeze neza n’ibyo abaturage barimo mu ntambara ya Biafra.

Yagize ati “Uko twaryaga imbeba mu ntambara ya Biafra niko n’ubu abayoruba bari kuzirya.Uko twagiye mu buhungiro niko n’abana babo bari kubuvukiramo”.

Umucyecuru w’imyaka 68 yibarutse impanga

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago