Categories: UBUZIMA

Umucyecuru w’imyaka 68 yibarutse impanga

Ibitaro bya Lagos State University Teaching Hospital (LUTH) byo mu gihugu cya Nigeriya byatangaje ko babyaje umugore w’imyaka 68 abana babiri b’impanga yari asamye bwa mbere.

Mu itangazo ryasohowe n’ibi bitaro ejo ku cyumweru, bavuga ko uyu mugore yabyaye abazwe nyuma y’ibyumweru 37 akurikiranwa.

Ibi bitaro bivuga ko uyu mugore yasamye hakoreshejwe ubuhanga bwo guhuriza muri laboratoire igi ry’umugore n’intanga ngabo mu byo bita In Vitro Fertilisation (IVF).

Ibi byombi nyuma y’iminsi hagati y’ibiri n’itandatu bikora igi rivamo umuntu (zygote), iri gi riterwa muri nyababyeyi (uterus) ya wa mugore cyangwa se uwundi, hagamijwe ko atwita.

Ibitaro bya LUTH bivuga ko abana n’uyu mugore bose bameze neza.

Amakuru avuga ko uyu mugore yari inshuro ya mbere abyaye,kubw’amahirwe abyara abana b’impanga.

Andi makuru ava muri Nigeria ni uko abaturage bo mu bwoko bw’Abayoruba bafashe umwanzuro wo kurya imbeba mu rwego rwo kwirinda gusohoka hanze muri ibi bihe bya Coronavirus.

Umuyobozi w’abaturage babaswe n’imico gakondo,Nnamdi Okwu Kanu yavuze ko aba baturage banze kwicwa n’inzara kubera gahunda ya Guma mu rugo bahitamo kwica izi mbeba.

Uyu mugabo yavuze ko ibihe bibi bya Coronavirus igihugu cya Nigeria kirimo bimeze neza n’ibyo abaturage barimo mu ntambara ya Biafra.

Yagize ati “Uko twaryaga imbeba mu ntambara ya Biafra niko n’ubu abayoruba bari kuzirya.Uko twagiye mu buhungiro niko n’abana babo bari kubuvukiramo”.

Umucyecuru w’imyaka 68 yibarutse impanga

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago