UBUZIMA

Kicukiro: Abagore bo mu rugaga rushamikiye kuri RPF batangije ubukangurambaga bwo kurwanya COVID-19

 Mu bikorwa bizamara igihe cy’ukwezi, Abagore bagize urugaga rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi mu karere ka Kicukiro batangije ubukangurambaga bwo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Ni ubukangurambaga bwatangijwe kuri uyu wagatandatu tariki 29 Kanama 2020, butangizwa n’umuganda wabereye ahubakwa ibyumba by’amashuri mu murenge wa Kagarama, ubu bukangurambaga bukazakorwa ku biganiro bizaca ku ma radiyo yo mu Rwanda, gutanga ibiganiro ahahurira abantu benshi ndetse no mu nsengero na Kiriziya byemerewe guterana mu karere ka Kicukiro.

Muri ubu bukangurambaga hazibandwa cyane ku rubyiruko rutubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo no ku babyeyi badakurikirana abana mu bikorwa byabo bya burimunsi bigatuma bamwe mu rubyiruko bitegurira ibirori mu ngo nyamara ababyeyi batabakurikiranye ngo babafashe kwirinda.

Abatoni Peninnah ushinzwe imyitwarire muri uru rugaga rw’Abagore mu karere ka Kicukiro, avuga ko hatangijwe bukangurambaga nk’umusanzu w’abagore mu gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo gikomeje kwiyongera mu baturage.

Yagize ati:”Twaravuzengo nk’abanyamuryango ni uruhe ruhare rwacu kugirango dutange umusanzu tugire icyo dukemura ku buremere bw’iyi ndwara,abantu ko bandura burimunsi mu miryango dukore iki?, Abagore bo mu karere ka Kicukiro duhuriye mu rugaga twahisemo gutangiza ubukangurambaga tugahera aho dutuye iwacu mu miryango, umuntu wese akangurirwe kwirinda kandi yumve ko iki cyorezo gihari kandi gikomeye.”

Ubu bukangurambaga buzakorwa mu gihe kingana n’ukwezi kose buzibanda ku kwirinda icyorezo hubahirizwa amabwiriza yashyizweho nko; kwambara agapfukamunwa neza, kuhana intera hagati y’umuntu n’undi no gukaraba intoki kenshi n’amazi meza n’isabune,nk’uko bisabwa n’inzego z’ubuzima.

Aha kandi ngo haziyongeraho no gushishikariza ababyeyi kwita ku bana babo birinda kubashyigikira mu gutegura ibirori nk’amasabukuru ngo kuko bihuza abantu benshi kandi bikaba byakongera ibyago byo kwanduzanya COVID-19 mu miryango.

Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango RPF Inkotani mu karere ka Kicukiro,ruhuriramo abagore bose b’abanyamuryango aho bagira ababahagarariye kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rwego rw’igihugu. Bakaba bakora ibikorwa bitandukanye nko kuremera bagenzi babo batishoboye, gukora ubukangurambaga n’ibindi.

DomaNews.rw

View Comments

Recent Posts

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

3 hours ago

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…

3 hours ago

Nyanza: Abantu babiri baguye mu mugezi wa Burakari

Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…

4 hours ago

Ambasaderi Karabaranga yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya BAL

Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…

17 hours ago

Shakib umugabo wa Zari na Harmonize barifuza kumvana mu mitsi

Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…

22 hours ago

Nyuma y’amezi atanu basezeranye, Kenny Sol n’umugore we bibarutse imfura

Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…

1 day ago