Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wambere tariki 12 Ukwakira 2020, muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje ko imodoka zitwara abantu muri rusange(Public transport) zemerewe gutwara abicaye mu myanya yose yagenwe yo kwicarwamo ariko, gusa amabwiriza agenga iyi ngingo akazatangwa n’ikigo k’igihugu ngenzura mikorere RURA.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, binyuze ku rukuta rwa Twitter, RURA yatangaje ko “hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa mbere tariki 12/10/2020, ibijyanye n’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, amabwiriza azatangira kubahirizwa kuwa Kane tariki ya 15 Ukwakira 2020 hamaze gushyirwaho ibiciro bishya”
Bakomeza bavuga ko uwo munsi aribwo byitezwe ko hazanatangazwa amabwiriza avuguruye yo kwirinda no gukumira COVID-19 muri serivisi zo gutwara abantu mu buryo bwa rusange.
Aya mabwiriza mashya akuyeho ayashyizweho muri Gicurasi, yasabaga gutwara 50% by’abagenzi mu buryo rusange cyangwa ibinyabiziga by’abantu ku giti cyabo.
Aha kandi n’ibiciro by’ingendo muri izi modoka rusange byari byiyongereyeho 47% ku byari bisanzwe, ikigo ngenzuramikorere RURA kikaba kigiye kwiga ku biciro bishya bizatangira gukurikizwa kuya 15 Ukwakira 2020.
Izo mpinduka kandi zigiye gutangira nyuma y’ibyumweru bibiri ingendo zijya n’iziva mu Karere ka Rusizi mu modoka rusange zifunguwe, kimwe n’izihuza Umujyi wa Kigali n’Intara z’u Rwanda.
Abaturarwanda bagaragaje ko bishimiye ibyemezo byafashwe n’Inama y’Abaminisitiri by’umwihariko ku bijyanye n’ingendo, aho benshi bategerezanyije amatsiko ibiciro bishya by’ingendo nyuma y’igihe gishize byongereweho 47%.
Photo: Internet
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…