Icyorezo cya Corona Virusi cyahitanye umuntu wa 41, hagaragara abashya 50 bacyanduye.
Mu itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima yatangaje kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020, rivugako abantu bashya 50 basanzwemo iyi ndwara mu bipimo 2,860 byafashwe, umugabo w’imyaka 88 w’i Rwamagana akaba yabaye umuntu wa 41 ihitanye, hakaba hakize 7.
Mu bantu bashya bagaragaye ko banduye uyu munsi, 27 babonetse i Kigali muri Gereza ya Nyarugenge, Kirehe 6, Rubavu 12 bapimwe mu gace kibasiwe kurusha utundi, Rwamagana 5.
Kuva kuwambere w’iki cyumweru turimo, hamaze gupfa abantu 5 bahitanwe na COVID-19, mu gihe mu minsi itatu gusa hamaze kugaragara abantu bashya banduye 90, bikaba bigaragaza izamuka ry’imibare y’abandura bashya bitandukanye n’uko byari bisanzwe mu minsi yashize.
Ibi bikaba byatumye umubare w’abamaze kwandura bose hamwe kuva iki cyorezo cyagaragara mu Rwanda uba 5,312 naho abamaze gukira bose hamwe ni 4,974, mu gihe abakirwaye ari 297, abamaze gupfa ari 41.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…
Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…
Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, kuwa 05/05/2024 Abantu bataramenyekana baraye bateye za Grenade mu…