Ibitsina by’abagabo 7.221 byafatiwe ku Cyambu cya Shangai mu Bushinwa n’inzego zishinzwe gasutamo muri iki gihugu aho byari biri mu bwato buturutse muri Nigeria ku Mugabane wa Afurika.
Ibi bice by’umubiri byari bihishwe muri kontineri ikonjesha byafashwe mu gihe ubwato bwageraga kuri iki cyambu cya Shangai nyuma y’amakuru inzego zo kuri gasutamo mu Bushinwa zahawe n’umuntu utaramenyekana.
Ikinyamakuru Harare Live cyatangaje ko ibi bice by’umubiri [ibitsina-gabo] byari bipakiwe mu dusanduku 36 twanditseho ’imineke’ imbere muri firigo ikonjesha.
Ubwato byarimo bwavaga i Lagos muri Nigeria; bwarimo abakozi babwo n’abashinzwe kubuyobora bane, Aba-Marines ndetse n’abaturage babiri bo muri Cameroun. Bose bahise batabwa muri yombi.
Umuvugizi wa Gasutamo mu Bushinwa, Li Wu, yavuze ko umubare munini w’imitwe yitwaje intwaro muri Afurika ikoresha icuruzwa ry’ingingo z’imibiri y’abantu kugira ngo abayibarizwamo babashe kubona amafaranga abatunga.
Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…
Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…