Imirenge imwe yavanwe muri Guma MuRugo, indi 10 ikomeza kugumamo kugeza ku itariki ya 31 Kanama 2021 kubera ko ikomeje kugira ubwandu bwa COVID-19 bukiri hejuru.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko imirenge 40 yakure muri guma mu rugo indi 10, igakagumishwamo, iyi mirenge yari imaze igihe kigera ku byumweru bibiri iri muri Guma mu rugo.
Imirenge yagumye muri guma mu rugo ni; Umurenge wa Byimana ku karere ka Ruhango, Imirenge ya Tumba na Gishamvu muri Huye, Imirenge ya Rukara, Murundi, Nyamirama na Mwari muri Kayonza, n’Imirenge ya Muhura, Remera na Kageyo muri Gatsibo.
Abatuye mu mirenge yagumye muri Guma mu rugo barasabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yatanzwe n’inzego z’ubuzima.
Iyi gahunda ya Guma mu rugo muri iyi mirenge ikaba izageza kuya tariki ya 31 Kanama 2021.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…
Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…
Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…
Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…
Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…
Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…