Umugore wo muri Pennsylvania muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye gufungwa hafi imyaka ibiri n’amade y’ibihumbi 30 by’amadolari, azira kwitsamurira ku biribwa mu nzu y’ubucuruzi bw’ibiribwa.
Margaret Ann Cirko yabikoze yikinira muri Werurwe 2020 ubwo Isi yose yari itaramenya byinshi kuri Covid-19. Ngo yinjiye muri supermarket agenda yitsamura yigamba ko afite Covid-19. Ubwoba bwatashye imitima y’abakiliya yasanzemo utaretse abakozi baho hantu, barirukanka ndetse bamwe na n’ubu ngo ntibarahasubira.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 24 Kanama 2021 nibwo urukiko rwakatiye uwo mugore w’imyaka 37, igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’ibiri ndetse n’igifungo gisubitse cy’imyaka umunani, kubwo guteza akaduruvayo n’ubwoba abaturage.
Joe Fasula, nyiri supermarket uyu mugore yitsamuriyemo, yavuze ko kubera kwitsamura ari na ko acira ku biribwa, byatumye bajugunya ibifite agaciro k’ibihumbi 35 by’amadolari, ni ukuvuga hafi miliyoni 35 Frw. Babijugunye kuko nta mukiliya wari ugishaka kugura ibiribwa bikekwa ko biriho Covid-19.
Uwo mugore agitabwa muri yombi bamujyanye kumupima basanga nta Covid-19 afite, gusa ntibyavanaho ibibazo yateje.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…
Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…
Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…
Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…
Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…
Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…