IMYIDAGADURO

Umuhanzi Jay Polly yitabye Imana

Umuhanzi Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly yitabye Imana,bivugwa ko yaguye mu bitaro bya Muhima azize uburwayi mu rukerera rwo kuri uyu wa kane.

Umuraperi Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly yari amaze igihe akurikiranwa mu butabera kubera icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, yari yahawe itariki azaburaniraho urubanza mu mizi nyuma yo gukatirwa gufungwa iminsi 30 mu gihe Ubushinjacyaha bukiri mu iperereza.

Uyu muhanzi wo mu njyana ya Hip Hop wamamaye mu Rwanda yari amaze igihe afungiye muri gereza ya Kigali iri i Mageragere,biravugwa ko yaguye ku bitaro bya Muhima nk’uko byakomeje gutangazwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.  Umuhanzi  Jay Polly yari akunzwe  mu njyana ya Hip Hop mu Rwanda kubera indirimbo ze zigarurira abakunzi b’iyi njyana.

Mu mwaka wa 2014, Jay Polly yabaye umwe mu bahanzi icumi bitabiriye amarushanwa ya PGGSS4, ndetse agenda yerekana ko ashoboye mu Ntara zose z’u Rwanda aho byagaragaye ko akunzwe ku rusha abo bahanganye.

Kuwa 30 Nyakanga 2014, ubwo hasojwe irushanwa rya PGGSS4 byarangiye Jay Polly aryegukanye ahabwa miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda.

Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly yavutse ku wa 5 Nyakanga 1988, avukira i Gikondo mu Mujyi wa Kigali .

Asize abana babiri harimo umwe yabyaranye na Uwimbabazi Sharifa bivugwa ko babanye nk’umugore n’umugabo nubwo batasezeranye imbere y’amategeko.

Umuraperi Jay Polly yitabye Imana Azize uburwayi ubwo yari ajyanwe ku Bitaro bya Muhima mu mujyi wa Kigali

DomaNews.rw

View Comments

Recent Posts

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

1 day ago

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…

1 day ago

Nyanza: Abantu babiri baguye mu mugezi wa Burakari

Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…

1 day ago

Ambasaderi Karabaranga yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya BAL

Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…

2 days ago

Shakib umugabo wa Zari na Harmonize barifuza kumvana mu mitsi

Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…

2 days ago

Nyuma y’amezi atanu basezeranye, Kenny Sol n’umugore we bibarutse imfura

Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…

2 days ago