Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko guhera tariki 30 Ugushyingo 2021, mu Mujyi wa Kigali haratangira gutangwa Doze ya gatatu y’urukingo rwa COVID-19.
Uru rukingo rushimangira izindi ebyiri zatanzwe ruzahabwa abari mu zabukuru, bafite imyaka kuva kuri 50 kuzamura, n’abafite imyaka hagati ya 30 na 49 ariko babana n’uburwayi budakiracyangwa bafite indwara zigabanya ubudahangarwa bw’umubiri, ndetse n’abakozi bo kwa muganga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko “Doze ishimangira y’urukingo rwa COVID-19 itangwa nyuma y’amezi atandatu (Iminsi 180), nyuma yo gukingirwa byuzuye. Ishobora gufatwa nka doze ya gatatu ku bahawe inkingo zitangwa muri doze ebyiri cyangwa igafatwa nka doze ya kabiri ku bahawe ubwoko bw’inkingo zifatwa muri doze imwe.”
Gukingira bikazajya bibera ku bigo nderabuzima, ku bitaro by’uturere ndetse n’ahandi hateganyijwe gukingirirwa. bizakorwa mu byiciro bikazahera mu Mujyi wa Kigali ariko n’utundi turere tukazakurikiraho mu gihe cya vuba.
Abagiye guhabwa Doze ya gatatu y’Urukingo rwa COVID-19 ni abahawe inkingo zo mu bwoko bwa Astrazeneca, na Pfizer bari barafashe Dose ebyiri nk’uko byari biteganyijwe. Mu gihe abahawe urukingo rwo mu bwoko bwa Sinopharm bazaba bahawe Dose ya kabiri kuko yo umuntu yahabwaga rumwe gusa.
Abanyeshuri biga mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TSS St Sylvain bari baje mu marushanwa ya…
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…
Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…
Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…
Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…
Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…