INKURU ZIDASANZWE

Muhima: Umugore yibye Telefone bayihamagaye iramutamaza isonera mu myendaye y’imbere

Umugore utunzwe no gusabiriza mu Mujyi wa Kigali yatamarijwe mu ruhame nyuma y’uko yibye telefone babimubaza akabihakana bayihamagaye isonera mu myenda y’imbere yari yambaye.

Ahagana saa kumi n’igice z’umugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ni bwo uyu mugore ahazwi nk’Akabahizi mu murenge wa Muhima.

Ababibonye babwiye IGIHE ducyesha iyi nkuru ko uyu mugore wari kumwe na mugenzi we bibye undi mugore wari ubanyuzeho ahazwi nko ku iposita bakamusaba amafaranga ariko akababwira ko ntayo afite. Aba bombi ngo baramuzubaje bamukora isakoshi batwara telefone yo mu bwoko bwa Tecno.

Uwo mubyeyi wibwe yageze imbere arebye mu isakoshi ye abona irafunguye ndetse nta telefone irimo ahita asubira inyuma asaba abashinzwe umutekano ‘DASSO’ kumufasha gushaka abo bagore yakekaga ko ari bo bamwibye.

Uwitwa Kalisa Jean Marie Vianney yagize ati “Barimo bahakana ko nta telefone ye batwaye ariko twababwira ngo tubasake ahantu hose uriya bayifatanye akanga ngo nta mugabo wamukora mu myanya y’ibanga”.

Yakomeje avuga ko nyuma abaturage bari aho bahise babaza nyiri iyo telephone nimero ze bayihamagaye bumva iri gucamo.

Byiringiro Valentin yagize ati “Yari yanze ko tumusaka noneho bayihamagaye twumva iri gusona ariko ijwi ridasohoka cyane nibwo dusabye abagore bagenzi be bari aho kumusaka bayimukura mu ikariso twese turumirwa.”

Uyu mugore akimara gukurwamo telefone yari yibye yahise asaba imbabazi uwo yari yayibye amubwira ko atari ingeso ye ahubwo yabitewe nuko yari amaze iminsi itatu atabona icyo kugaburira abana be batatu kuko umugabo we yamutaye.

Uyu mubyeyi wari wibwe telephone yahise asaba abaturage bari bafashe uwo mugore kumurekura nyuma y’uko abonye telefone ye ahita yikomereza urugendo rw’aho yari agiye

DomaNews

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

1 week ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

1 week ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago