Umuririmbyi Masamba Intore yateguye igitaramo ku itariki ya 01 Ukwakira 2022, kizaba kizihiza Umunsi wa mbere isasu ryambere ry’Urugamba rwo kubohora U Rwanda ryavugiyeho mu 1990.
Iki gitaramo cyateguwe na Massamba Intore ni kimwe n’ibyo asanzwe ategura mu rwego rwo kwizihiza amatariki anyuranye afite icyo avuze ku rugamba rwo kubohora u Rwanda.
Massamba Intore avuga ko bene ibi bitaramo biba bigamije gutaramana n’abakunzi b’umuziki haririmbwa indirimbo zivuga amateka y’urugamba ndetse no gushimisha buri wese warugizemo uruhare.
Iki kikaba kimeze nk’icyo Massamba Intore yakoze ku wa 29 Ukwakira 2021 yari yise ‘Dutarame u Rwanda, Turuvuge amacumu’ ubwo hasozwaga ukwezi ko gukunda Igihugu.
Uretse Massamba Intore uzataramira muri Cocobean ahazabera iki gitaramo, uyu muhanzi azaba afatanya n’abarimo Ruti Joel bafatanyije na Angel na Pamella.
Kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi 10 Frw ku muntu wese wifuza kuzakitabira ariko bitewe n’imyanya micye cyane abakunzi b’umuziki basabwa kubikisha imyanya hakiri kare binyuze kuri nimero zatanzwe.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…