Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Uwihoreye Jean Bosco wamenyekanye muri Filime nka Ndimbati ku byaha yari akurikiranweho birimo gufata ku ngufu umwana w’umukobwa utujuje imyaka y’ubukure no kumunywesha inzoga ku gahato.
Kuri uyu wa kane tariki ya 29 nzeri 2022 nibwo Uwihoreye Jean Bosco yasomewe imyanzuro y’Urubanza yaregwagamo ibyaha birimo; Gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure no kumunywesha inzoga akaza no kumutera inda yavutsemo Abana b’impanga. Urukiko rwanzura ko rwasanze Ndimabati atarasambanyije umwana kuko uwo bavuga ko yasambanjije yari afite indangamuntu yerekana ko yavutse tariki ya 1 Mutarama mu 2002, rukaba rwategetse ko ahita arekurwa.
Ku ya 10 Werurwe nibwo ’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, bwataye muriyombi umukinnyi wa Filime Uwihoreye Jean Bosco uzwi ku izina rya Ndimbati muri filime y’uruhererekane ya “Papa Sava” ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana 17.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Gicurasi 2024, Abantu babiri bacyekwagaho ubujura…
Kuri uyu wa Kane tariki 2 Gicurasi 2024, byemejwe ko ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Umupira…
Polisi ishami rishinzwe ibizamini n'impushya zo gutwara ibinyabiziga ryemeje ko rigiye gutangira gukoresha ibizamini hifashishijwe…
Nyuma y'uko ikipe ya Rayon Sports y'Abagore ishyikirijwe igikombe yarimaze gutsindira mu irushanwa ry'igikombe cy'Amahoro…
Igikapu umuraperi Lil Uzi aherutse guserukana ku rubyiniro mu gitaramo cya Coachella mu cyumweru gishize…
Umukinnyi wa Basketball y'abagore Brittney Griner, ukina muri NBA yatangaje ko yatekereje kwiyahura mu byumweru…